Advertisementspot_imgspot_img
24.1 C
Delhi
Wednesday, April 29, 2026
Advertismentspot_imgspot_img

Filimi ku buzima bwa Michael Jackson yaciye agahigo mu kwinjiza amafaranga menshi muri sinema

Date:


Jaafar Jackson, yambaye umweru afashe indangururamajwi,  yigaragaza nka Michael Jackson

Ahavuye isanamu, Universal

Insiguro y’isanamu, Jaafar Jackson, umwishywa wa Michael Jackson uzwi nka “Umwami wa Pop”, yashimiwe cyane uburyo yiganye uyu muririmbyi muri filime yitwa Michael

Igihe co gusoma: iminota 3

Iyi filimi nshya y’umuziki ivuga ku buzima bwa Michael Jackson yigaruriye amasoko ya sinema ku isi hose, iba filime ya mbere yinjije amafaranga menshi mu mpera z’icyumweru cya mbere isohotse mu mateka ya filime zivuga ku buzima bw’umuntu.

Jaafar Jackson, umwishywa wa Michael Jackson, ni we umukina amwigana muri iyo filime, imaze kwinjiza miliyoni 217$ ku isi hose kuva yasohoka ku wa Gatatu ushize.

Mbere y’iyi, filime Bohemian Rhapsody ivuga ku itsinda rya Queen, yasohotse mu 2018, yari ifite agahigo ko kwinjiza miliyoni 124 z’amadolari mu cyumweru cya mbere, ikinwamo na Rami Malek wiganye icyamamare muri muzika Freddie Mercury.

Ariko Michael yarenzeho, ndetse irusha na Oppenheimer yasohotse mu 2024 yinjije miliyoni 180 z’amadolari, bityo iba filime ya mbere igize intangiriro nini cyane ku isi muri bene izo filimi zikinnye ku buzima bw’abantu.

Adam Fogelson, umukuru wa Lionsgate ishinzwe kuyikwirakwiza muri Amerika, yavuze ko iyo mibare igaragaza ko yakiriwe neza n’abantu b’ingeri zose, kandi ko abayirebye bayishimiye cyane.



Source link

Share post:

Advertisementspot_imgspot_img

Popular

More like this
Related

Advertisementspot_imgspot_img